Mu Ntara ya Cross River muri Nigeria habonetse umuntu wanduye COVID-19, aho ari Umushinwa wageze muri icyo gihugu muri Werurwe 2026.
Uyu murwayi yahise ajyanwa kwa muganga, ibipimo byemeza ko yanduye, ubu akaba ari kuvurirwa mu kato kandi ubuzima bwe bukaba bumeze neza. Abategetsi bavuze ko nta kimenyetso cy’uko icyorezo cyakwirakwiriye abandi kiragaragara, ndetse ko gukurikirana abo bahuye na we bikomeje.
Inzego z’ubuzima zemeza ko COVID-19 igihari ku Isi ariko itakiri ku kigero gikabije nk’icyahoze.