March 7, 2026

Leta ya RDC yanyanyagije amafaranga mu basirikare bayo na Wazalendo bari ku rugamba

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buri guha amafaranga abasirikare b’igihugu na Wazalendo bahanganiye n’ihuriro AFC/M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, hagamijwe gukomeza intambara.

 

Aya mafaranga yatangiye gutangwa tariki ya 11 Gashyantare 2026, nyuma y’aho itsinda ryaturutse muri Minisiteri y’Ingabo risuye Uvira ku ya 10 Gashyantare.

 

Umurwanyi wa Wazalendo wahawe amafaranga yatangaje ko umusirikare wa RDC ari guhabwa Amadolari 400, abo muri Wazalendo bakaba bari guhabwa Amadolari 200 kuri buri wese.

Source: IGIHE