Abaturage 17 bo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare bajyanywe mu bitaro nyuma yo kurya inyama z’inka yasaze yari yarataburuwe n’umuturage akazigurisha.
Ubuyobozi bwemeje ko iyo nka yari yarafashwe n’indwara y’ibisazi igapfa igatabwa, ariko uwo mugabo akaza kuyitaburura atangira kuyigurisha. Ubu ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kugira ngo akurikiranwe.
Abari bagize ikibazo bose bamaze gukira barataha, mu gihe abaturage basabwe kujya birinda kurya inyama zitaciwe ku mabagiro yemewe.