March 7, 2026

CAN 2025: Sudani yafunguye amazamu ku ikubitiro ariko iranga irasezererwa

Ikipe y’Igihugu ya Sudani yasezerewe muri ⅛ cy’Igikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc nyuma yo gutsindwa na Sénégal ibitego 3-1, mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 3 Mutarama 2025.

 

Sudani yahise ibona igitego ku ikubitiro kuko ku munota wa gatandatu habontse igitego cyashyizwemo na Aamir Abdallah waherejwe umupira na Walieldin Khidir ukinira Al Hilal SC ikina muri Shampiyona y’u Rwanda.

 

Ku munota wa 29 w’umukino, Pape Gueye wari mwiza muri uyu mukino yishyuye iki gitego ku mupira yaherejwe na Sadio Mané, anashyiramo ikindi ku munota wa gatatu w’inyongera y’igice cya mbere aherejwe umupira na Nicolas Jackson.

 

Sénégal yakomeje kurusha cyane Sudani irimo abakinnyi barenga 10 bo muri Shampiyona y’u Rwanda, yashyizemo igitego cya gatatu ku munota wa 71 gitsinzwe na Ibrahim Mbaye na we waherejwe umupira na Sadio Mané.

 

Ikipe ya Les Lions de la Teranga yabonye intsinzi y’ibitego 3-1, ijya gutegereza iva hagati ya Mali na Tunisia zifitanye umukino Saa Tatu z’ijoro zo kuri uyu wa 3 Mutarama, kuri Stade Mohamed V.