Rafael York, ukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yakinnye umukino we wa mbere muri FC Anyang yo muri Shampiyona ya Korea y’Epfo (K League). Ni amateka akomeye kuko yabaye Umunyarwanda wa mbere ugaragaye muri iyi shampiyona.
Uyu mukinnyi winjiye mu kibuga asimbura ku munota wa 64, nyuma y’imikino yari amaze igihe adahabwa umwanya wo gukina nubwo yari amaze kwinjira muri iyi kipe mu kwezi kwa Werurwe 2026. Mu minota mike yakinnye, yahawe ikarita y’umuhondo ku munota wa nyuma w’umukino.
Rafael York yerekeje muri FC Anyang avuye muri Suède, aho yakiniye amakipe atandukanye. Ubu akomeje urugendo rwe rwo gukina ku rwego mpuzamahanga, ndetse ari mu bakinnyi bitezweho byinshi mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.