Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda Atletico Madrid igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Igitego cyatsinzwe na Bukayo Saka ku munota wa 44, nyuma y’umupira wari ukuweho n’umunyezamu Jan Oblak.
Umukino wari ukomeye, aho Atletico Madrid yagerageje kwishyura mu gice cya kabiri ariko ikabura uburyo bwo gutsinda. Arsenal yo yakinishije ubwitonzi mu minota ya nyuma, ikomeza kurinda izamu ryayo kugeza umukino urangiye.
Ni ku nshuro ya kabiri Arsenal igeze ku mukino wa nyuma, aho iheruka kuwugeraho mu 2006. Uyu mukino wa nyuma uzabera i Budapest, mu gihe indi kipe bazahura izava hagati ya Bayern Munich na Paris Saint-Germain.
