July 6, 2026

Rubavu: Noteri n’agatsiko ke batawe muri yombi bagurishije ubutaka bw’abandi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi noteri wigenga wo mu Karere ka Rubavu, Imanirakiza Issa Naphtal, hamwe n’abandi batandatu bakekwaho uburiganya bukomeye burimo kugurisha ubutaka butari ubwabo no gukoresha inyandiko mpimbano.

 

Iperereza ryagaragaje ko aba bantu bigize ba nyir’ubutaka n’abakomisyoneri, maze bagurisha ubutaka bufite agaciro ka miliyoni 15 Frw, amafaranga bayagabana bose uko ari barindwi. Umwe muri bo yari asanzwe akurikiranyweho ubundi buriganya.

 

Kuri ubu bose bafungiye gukorwaho iperereza, dosiye yabo ikaba yaroherejwe mu Bushinjacyaha. RIB yaburiye abantu kwirinda ibyaha nk’ibi, cyane cyane ba noteri basabwa kutakoresha nabi ububasha bahabwa n’amategeko.