March 7, 2026

Ibura ry’agashahara ryatumye ikipe ifite abakunzi benshi mu Rwanda ihagarika imyitozo

Abakinnyi ba Rayon Sports banze gukora imyitozo yo kuri uyu wa Gatandatu kubera ibirarane by’imishahara y’amezi abiri ikipe yabo ibafitiye.

 

Gikundiro iheruka mu kibuga ku wa Kane, aho yatsinzwe na Police FC igitego 1-0 muri 1/2 cy’Igikombe cy’Intwari.

 

Kuri uyu wa Gatandatu, abakinnyi bayo banze kwitabira imyitozo yari kubera mu Nzove kubera ko ubuyobozi butubahirije isezerano ryo kubaha umushahara w’Ukuboza ku wa Gatatu.

 

Umwe mu baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru, yavuze ko amezi yamaze kuba abiri [Ukuboza na Mutarama] kuko itariki ya nyuma y’uku kwezi kwa kabiri bayigezeho.

 

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru yaherukaga gukora mu ntoki abakinnyi bayo mu mpera z’Ukuboza, kuri Noheli, kugira ngo babone uko bizihiza iminsi mikuru, ibaha umushahara w’Ugushyingo.

 

Abatoza n’abandi bakozi batabonye amafaranga yabo icyo gihe, basabwe kwihangana ndetse baza kwishyurwa nyuma.

 

Rayon Sports izasubira mu kibuga ku wa Kane, tariki ya 5 Gashyantare 2026, ihura na AS Kigali mu mukino w’Umunsi wa 18 wa Shampiyona.

 

Kuri ubu iyi kipe iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 26, mu mikino 17 imaze gukina, irushwa amanota icyenda na Al-Hilal SC ya mbere mu gihe yo ifite ibirarane bibiri.