March 7, 2026

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick Amuriat Oboi, yabwiye Bobi Wine w’ishyaka rya NUP kureka kwihisha, ibyo we yise umukino w‘imikino y’injangwe n’imbeba’.

 

Umuhanzi Bobi Wine waje guhinduka umunyapolitiki aheruka kugaragara mu ruhame ku wa 15 Mutarama 2025, nyuma yo gutsindwa mu matora ya perezida muri Uganda, we akavuga ko ingabo za Uganda zagabye igitero ku rugo rwe zikarugota ariko akazica mu rihumye agatoroka.

 

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo yagezaga ijambo ku nama yiga ku burenganzira bwa muntu na demokarasi yabereye i Genève, yashimangiye ko akiri mu buhungiro. Gusa ntiyari i Genève kuko yari mu nzu yamanitsemo ibengera ry’igihugu ku rukuta.

 

Ku wa 20 Gashyantare 2026, Amuriat yatangaje ko abayobozi b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi baba bashaka kwifata kugira ngo barebe ko bageza ku wundi munsi; ariko ngo ni cyo gihe ubuyobozi bukenewemo kandi ko bisaba kwitanga.