Nyuma y’aho AFC/M23 itangaje ko igiye gukura abarwanyi bayo mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangiye kurunda ingabo mu nkengero zawo mbere yo kuwinjiramo.
Amakuru yizewe avuga ko tariki ya 16 Ukuboza 2025, ubwo AFC/M23 yatangazaga ko igiye kuva muri uyu mujyi, indege y’ubwikorezi ya B737-900 yakuye abasirikare 500 ba RDC mu Mujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo, ibajyana mu Mujyi wa Kalemie mu Ntara ya Tanganyika.
Aba basirikare bavuye muri Kalemie, bakomereza mu Mujyi wa Baraka muri teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu ntera y’ibilometero 80 mu majyepfo y’Umujyi wa Uvira, kugira ngo bongerere imbaraga bagenzi babo bari muri iki gice.
Source: IGIHE