March 6, 2026

Umuhanzi Davido ari mu gahinda nyuma yo kuburira miliyoni 70 ku mukino wa Nigeria na Maroc

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adedeji Adeleke OON uzwi nka Davido, yahombye arenga Miliyoni 70 z’Amanyarwanda kubera gutega ku mukino wa Morocco na Nigeria mu gikombe cya Afurika cya 2025.

 

Ku wa Gatatu ni bwo ikipe y’igihugu ya Nigeria na Morocco zahuriye muri 1/2 cy’igikombe cya Afurika cya 2025 kirimo kirabera muri Morocco. Uyu mukino wari witezwemo ibitego bitewe n’ubusatirizi bwari buwurimo ku mpande zombi ariko habayeho ugukanirana bituma ibitego bibura, iminota 90 irangira ari 0-0.

 

Ibi byateje ibibazo Davido dore ko yari yateze arenga Miliyoni 70 Frw yerekana ko haza kubamo kwinjizanya. Iyo biba, yari gutsindira arenga Miliyoni 400 Frw ariko byarangiye bidakunze.

 

Nyuma y’uko iminota 90 irangiye hitabajwe 30 y’inyongera nabyo biba iby’ubusa bituma hitabazwa penariti. Kuri penariti za Morocco, Neil Aynaoui yayinjije, Hamza Igamane arayirata, Eliesse Ben Seghir arayinjiza, Achraf Hakim arayinjiza na Youssef En-Neysri arayinjiza.

 

Umukino warangiye ikipe y’igihugu ya Morocco yinjije penariti 4 naho Nigeria yinjije 2, ihita ikomeza ku mukino wa nyuma gutyo.