March 6, 2026

Uganda: Abaturage bagabye igitero kuri polisi, barindwi bahasiga ubuzima abandi batabwa muri yombi

Polisi ya Uganda yatangaje ko abantu barindwi bapfiriye mu bikorwa by’urugomo byabaye mu ijoro ryakurikiye amatora.

 

Ni urugomo rwabereye mu Mujyi wa Butambala uri mu bilometero nka 55 mu Majyepfo y’Uburengerazuba bw’Umurwa Mukuru Kampala.

 

Umuvugizi wa Polisi, Lydia Tumushabe yavuze ko abo mu matsinda agizwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda bari bafite imihoro ariko ko polisi yirwanyeho.

 

Ni ibikorwa bivugwa ko byateguwe n’uwitwa, Muwanga Kivumbi, uri mu bagize Inteko Ishinga Ametegeko, bagabye igitero kuri polisi n’ahagenewe kubarirwa amajwi, abantu 25 batabwa muri yombi.

 

Kivumbi we yabwiye Reuters ko abishwe, biciwe mu nzu ye aho bari bategereje ibyavuye mu matora y’abadepite, ahakana iby’uko bagabye ibitero kuri polisi.

 

Ku rundi ruhande Tumushabe yavuze ko atigeze amenya iby’uko mu rugo rwa Kivumbi hatewe na cyane ko ruri hafi ya sitasiyo ya Polisi.