Ikipe y’Igihugu ya Tanzania ‘Taifa Stars’ yageze muri 1/8 cy’Igikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere mu gihe Uganda yo yasezerewe itsinzwe imikino yose yakinnye mu matsinda.
Ibi bihugu byombi bituranye n’u Rwanda byari mu Itsinda C rya CAN 2025 ikomeje kubera muri Maroc.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Ukuboza 2025, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma aho Uganda yahuye na Nigeria naho Tanzania ikina na Tunisia.
Mu mukino wabereye mu Mujyi wa Fès, ibitego bibiri bya Raphael Onyedika ku munota wa 62 n’uwa 67. Ikindi cyatsinzwe na Paul Onuachu ku munota wa 28. Maze Nigeria ibasha gutsinda Uganda ibitego 3-1.
Igitego cy’impozamarira cya Uganda cyinjijwe na Rogers Mato habura iminota 15 ngo umukino urangire, ku mupira yahawe na Allan Okello.
Ku rundi ruhande, igitego cya Fei Toto ku munota wa 48 cyafashije Tanzania kunganya 1-1 na Tunisia yari yatsindiwe na Ismaël Gharbi kuri penaliti yo ku munota wa 43.
