Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko umugore uherutse kugaragara mu mashusho akubita umugabo we inshyi, yatawe muri yombi ndetse dosiye ye ikaba yatangiye gukorwa ngo ishyikirizwe Ubugenzacyaha.
Ku itariki 21 Gashyantare 2026 ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’umugore wari wariye karungu akubita umugabo we inshyi.
Mu mashusho y’amasegonda 25 bigaragaza ko yafashwe nijoro, uwo mugore uba ahetse umwana agaragara yubahuka umugabo we bikomeye ndetse akamukubita inshyi eshatu ku matama n’umugeri ariko umugabo we agacisha make akamusaba ko yajya kuri moto bagataha.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iryo bara ryabereye mu Murenge wa Ndera ahazwi nko ku Mulindi mu Mujyi wa Kigali aho abo bari batuye ndetse ni na ho uwo mugore yafatiwe.
Yavuze ko uyu mugore yafashwe kuri uyu wa 25 Gashyantare 2026 afatirwa mu Kagari ka Cyaruzinge mu Mudugudu wa Mulindi ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera ndetse dosiye ye yatangiye gukorwa ngo ishyikirizwe Ubugenzacyaha.