Umutoza Mukuru wa AS Muhanga, Gatera Moussa, yatangaje ko ikipe ye ikeneye abakinnyi benshi bakuze kugira ngo ibashe kuguma mu Cyiciro cya Mbere.
Ibi yabitangaje nyuma yo gutsindwa na APR FC ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa 13 wa Shampiyona y’u Rwanda wakiniwe kuri Stade ya Muhanga, ku wa Gatanu, tariki ya 26 Ukuboza 2025.
Nyuma yo gutsindwa umukino kandi yabonye amahirwe menshi agana ku izamu, Gatera, yavuze ko amakosa agiye gukosora ari ayo mu busatirizi cyane kuko ari ho hari ibyuho.
AS Muhanga iri ku mwanya wa 17 n’amanota 11 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda, iri kwitegura umukino ukomeye uzayihuza na Al Merrikh, tariki ya 29 Ukuboza 2025.
