March 6, 2026

Nyarugenge: Abagabo bafashwe bavunjisha amadolari y’amahimbano

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyarugenge yataye muri yombi abagabo babiri bari bafite ibihumbi 10 by’amadolari ya Amerika y’amiganano ubwo bageragezaga kuyavunjisha mu mafaranga y’u Rwanda.

 

Bafashwe ku wa Gatatu, tariki 14 Mutarama 2026, mu Murenge wa Nyarugenge mu Mujyi rwagati, ahazwi nko ku Iposita.

 

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yahamije aya makuru, avuga ko abo bagabo bari bagiye kuyavunjisha muri Forex Bureau yitwa Shahansh.

 

Avuga ko bafashwe biturutse ku bakozi b’iyi Forex Bureau bahamagaye Polisi bavuga ko hari abantu baje kuvunjisha amafaranga y’amahimbano.

 

CIP Gahonzire avuga ko bakorewe dosiye, bashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) ngo bakurikiranwe ku cyaha cyo gukwirakwiza amafaranga y’amahimbano.