March 6, 2026

Kamonyi: Habereye impanuka ikomeye umuntu umwe ahasiga ubuzima abandi benshi bajyanwa mu bitaro

Imodoka ya minibus itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yakoreye impanuka ubwo yari igeze mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Rugarika, ahazwi nko mu Nkoto, hapfa umuntu umwe abandi 10 barakomereka.

 

 

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 05 Mutarama 2026, bikaba bikekwa ko iyi modoka yabuze feri, ihita igonga izindi modoka ebyiri zari ziyiri imbere.

 

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iyi mpanuka bitaramenyekana neza icyayiteye ariko hakekwa kubura feri.

 

 

Umurambo w’uwapfuye wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Rukoma mu Karere ka Kamonyi, mu gihe bamwe mu bakomeretse bahise bajyanwa kuvurirwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, abandi mu bya Nyarugenge, abandi mu bya Kacyiru.