March 6, 2026

Ingabo za RDC zagabye igitero kuri AFC/M23

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Ukuboza 2025, ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero ku birindiro byaryo biherereye mu gace ka Makabola mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

 

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Ukuboza 2025, Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero ku birindiro byaryo biherereye mu gace ka Makabola mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

 

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ihuriro ry’ingabo za RDC ryifashishije drones z’intambara n’ingabo zirwanira mu mazi zaturutse mu Mujyi wa Baraka muri Teritwari ya Fizi.

 

Kanyuka yasobanuye ko abaturage bo muri Makabola no mu gice cya Minembwe, na bo bagabweho igitero hifashishijwe drones y’intambara n’intwaro ziremereye, bacikamo igikuba.

 

Ati “AFC/M23 irahamagarira Abanye-Congo n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga kuba abatangabuhamya kuri uku kurenga ku gahenge kwisubiza kandi kugambiriwe no gukomeza kwica bagenzi bacu.”

 

AFC/M23 yatangaje ko ibi bitero bishimangira ko Leta ya RDC idashaka amahoro kandi ko idaha agaciro umutekano w’abasivili, kuko ikomeje kubahohotera ariko ntibiryozwe.

 

Ibi bitero bigabwe nyuma y’aho AFC/M23 ikuye abarwanyi bayo mu Mujyi wa Uvira yari yafashe tariki ya 9 Ukuboza, kugira ngo ibiganiro by’amahoro biyihuriza na Leta ya RDC i Doha muri Qatar bigende neza.

 

Mbere yo kuva muri Uvira, AFC/M23 yasabye abahuza barimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) gushyiraho uburyo bwizewe bwo kubungabunga umutekano w’abasivili.

 

AFC/M23 yagaragaje ko ingabo za RDC, iz’u Burundi, Wazalendo na FDLR bitagomba gusubira mu Mujyi wa Uvira bitewe n’uko mu gihe byawugenzuraga, byahohoteraga abasivili bawutuyemo.

Inkuru ya IGIHE