March 7, 2026

Ikipe ya RDC ishobora kutazakandagira mu Gikombe cy’Isi bitewe n’ibyo iregwa na Nigeria

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagur muri Nigeria (NFF), ryemeje ko ryatanze ikirego muri FIFA, rirega Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yakinishije umukinnyi utabyemerewe ikanarenzaho kuyishima hejuru.

 

Umunyamabanga Mukuru wa NFF, Mohammed Sanusi, ku wa Gatatu, tariki ya 17 Ukuboza 2025, yemeje ko ikirego cyatanzwe, kandi ko yizeye neza ko abakinnyi benshi bakinira RDC batujuje ibisabwa n’amategeko ya FIFA kugira ngo babe bakwemererwa gukinira Les Léopard.

 

RDC yageze ku mukino wa nyuma w’iya kamarampaka mpuzamigabane mu yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi iherukamo mu myaka 52 ishize, nyuma yo gutsinda Nigeria kuri penaliti 4-3, nyuma y’uko zombi zari zanganyije igitego 1-1.