March 6, 2026

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje umutoza mushya

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, bwatangaje ko Bruno Ferry ari we mutoza mukuru wa yo, nyuma yo gutandukana na Afhamia Lotfi ukomoka muri Tunisie ndetse akaza kuba ari i Kigali kuri uyu wa Gatanu taliki 19 Ukuboza 2025.

 

Iyi kipe ikundwa n’abatari bake mu Rwanda ndetse no hanze yarwo yabitangaje ibicishije ku rukuta rwa yo rwa X aho yemeje ko Umufaransa, Bruno Ferry w’imyaka 58, ari we wahawe inshingano nk’umutoza mukuru.

 

Uyu mutoza, yatoje amakipe arimo Azam FC yo muri Tanzania, AS Vita Club yo muri RDC, Eding Sport FC yo muri Cameroun, Accra Lions FC yo muri Ghan n’izindi. Byitezwe ko uyu mutoza azakorana na Lomami Marcel na Haruna Ferouz nk’abungiriza be ndetse na Ndayishimiye Jean Luc ‘Bakame’ nk’umutoza w’abanyezamu.