June 11, 2026

Ibyabereye i Kaduna byateye ubwoba! Michael Eneramo uzwi nk’umunyabigwi muri ruhago yaguye mu kibuga ibye birangirira aho

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru wa Nigeria, Michael Eneramo, yitabye Imana azize indwara y’umutima yamufatiye mu kibuga mu mukino wa gicuti wabereye i Kaduna ku wa 24 Mata 2026. Yituye hasi atunguranye, amarana iminota mike atitabwaho neza, ariko birangira umutima uhagaze burundu.

 

 

Uyu mukinnyi w’imyaka 40 yari azwi cyane mu Ikipe y’Igihugu ya Nigeria “Super Eagles”, aho yayihamagawe inshuro 10, ndetse anakina mu makipe atandukanye yo muri Afurika no mu bindi bihugu birimo Tunisia, Turikiya na Arabie Saoudite. Yamenyekanye cyane muri Espérance de Tunis kubera imbaraga n’ubuhanga mu gutsinda ibitego.

 

 

Urupfu rwe rwashenguye benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, ruba n’urwibutso ku kamaro ko kwisuzumisha umutima kenshi ku bakinnyi n’abandi bose. Ni ikibazo kimaze guhitana abakinnyi benshi bakomeye, bigaragaza ko hakenewe ingamba zikomeye zo kwirinda impfu nk’izi.