Ikipe y’igihugu cya Misiri yabashije gutsinda bigoranye ikipe ya Zimbabwe ibitego 2-1 byatsinzwe na Mohamed Salah na mugenzi we Omar Marmoush ku ruhande rwa Misiri mu itsinda B mu mikino y’igikombe cya Afurika 2025.
Muri uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 22 Ukuboza 2025, Zimbabwe yari ifite amayeri yo guharira Misiri umupira ahubwo igakina uwo itakaje, yaje kuzamuka yihuta bahindura umupira imbere y’izamu usanga Prince Dube ahindukira neza afungura amazamu ku munota wa 20.
Igice cya mbere cyarangiye cyarangiye Zimbabwe yatsinze Misiri igitego 1-0. Ariko ubwo bavaga kuruhuka, ku munota wa 64, Omar Marmoush yacomekewe umupira mwiza azamuka yihuta yishyura igitego nyuma yo guhusha ibindi byinshi.
Mu minota ya nyuma, Misiri yari yakomeje gusatira cyane, Mohamed Mustafa yacomekeye umupira Mohamed Salah agundagurana na myugariro ariko arahindukira atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 91.