Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nyuma y’Umujyi wa Uvira, ridateze kuva mu bindi bice rigenzura mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 26 Mutarama 2026 yatangaje amahoro aganje mu bice iri huriro rigenzura kandi ko abaturage bakomeje ibikorwa byabo, ubukungu bwaho bukaba buhagaze neza.
Yagize ati “AFC/M23 ntizava mu gace na kamwe kari mu butaka yabohoye… AFC/M23 ntizemerera uwo ari we wese, harimo Leta ya Kinshasa, ko ahungabanya amahoro n’umutekano mu bice byabohowe. Irashimangira ko yiyemeje kurwanira no kurinda abaturage yivuye inyuma, igihe cyose bakwibasirwa na Leta y’inyamaswa kandi y’ingome ya Kinshasa.”
AFC/M23 yakuye abarwanyi ba nyuma mu Mujyi wa Uvira tariki ya 17 Mutarama 2026, mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho winjiramo imitwe ya Wazalendo n’ingabo za RDC.
Source: IGIHE