March 7, 2026

Abakunzi ba Al Hilal baraye mu kinyenga nyuma y’uko ikipe yabo ibahereye ibyishimo bisendereye i Kigali igatsinda Mamelodi Sundowns

Al Hilal yo muri Sudani yatsinze Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa Kane wa CAF Champions League watumye iyi kipe yo muri Sudani iyobora Itsinda C n’amanota umunani.

 

Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 30 Mutarama 2026.

 

Ku munota wa 45, Ebuela Steven yatanze umupira mwiza, Abdelrazig Taha akorerwa ikosa n’umunyezamu Onyango, umusifuzi atanga penaliti yinjijwe neza cyane na kapiteni Mohamed Yagub Yousif, ku mupira yateye mu nguni imwe, umunyezamu akajya mu yindi.

 

Igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC yatsinze Mamelodi Sundowns igitego 1-0.

 

Iyi kipe yo muri Sudani yatangiranye igice cya kabiri igitego cyatsinzwe ku munota wa 48 na Girumugisha Jean Claude ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina.

 

Ku munota wa 60, Mamelodi Sundowns yishyuye igitego cya mbere cyatsinzwe na Arthur De Oliviera Sales ku ishoti ryiza yateye rigendera hejuru.

 

Mu minota 70, iyi kipe yo muri Afurika y’Epfo yakomeje gusatira cyane ariko kureba mu izamu bikaba ikibazo.

 

Umukino warangiye Al Hilal SC yatsinze Mamelodi Sundowns ibitego 2-1 ifata umwanya wa mbere n’amanota umunani ikurikiwe n’iyi yo muri Afurika y’Epfo ifite atanu.